ITANGAZO RIGENEWE ABANYAMAKURU

Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko umupaka w'u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ufunguye kandi ko urujya n'uruza rw'abantu hagati y'ibihugu byombi rukomeje nyuma y’uko muri iki gitondo hagaragaye kutihuta ku mirongo bitewe no gukaza ingamba zo kwigisha, gupima abantu umuriro no kwinjira mu mutuzo ku mipaka.

 

Kugeza ubu nta Ebola iri mu Rwanda. Bitewe n’uko umubare w’abantu bandura virusi ya Ebola ugenda wiyongera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Minisiteri y’Ubuzima iragira abaturarwanda inama zo kwirinda gukora ingendo zitari ngombwa kuri Goma n’ahandi hose hagaragaye Ebola mu Burasirazuba bwa Congo muri rusange. 

 

Minisiteri y’Ubuzima kandi irasaba abantu bose kugaragaza umuntu wese ufite ibimenyetso bya Ebola bifashishije umurongo utishyurwa wa Minisiteri y’Ubuzima 114 n’uwa polisi 112 cyangwa bakabimenyesha umujyanama w’ubuzima cyangwa ikigo nderabuzima kibegereye.

 

Bumwe mu buryo bwo kwirinda harimo kugira umuco wo gukaraba intoki dukoresheje amazi meza n’isabune; irinde gukora ku maraso no ku matembabuzi y’umuntu wanduye cyangwa wishwe na Ebola ndetse n’ibikoresho yakozeho.

 

Ebola yandurira mu maraso no mu matembabuzi harimo ibirutsi, inkari, amacandwe, n’ibyuya by’umuntu wayanduye.

 

Ibimenyetso by’indwara ya Ebola ni ibi bikurikira: kugira umuriro, kurwara umutwe, kuribwa mu ngingo, kubabara mu muhogo, gucika intege, guhitwa, kuruka cyane kandi kenshi, gusesa ibiheri ku mubiri, gutukura amaso, kuribwa mu nda no kuva amaraso ahantu hose hari umwenge ku mubiri.

 

Kugeza ubu, abanduye iyo ndwara mu bihugu by abaturanyi, ni abarenze kuri izi nama. Turasaba abanyarwanda gukomeza guharanira ko Ebola itagera mu Rwanda, bubahiriza inama bagirwa mu biganiro bagirana n’abayobozi b’inzego z’ibanze, inzego z’umutekano, abajyanama b’ubuzima, ndetse na Minisiteri y’Ubuzima.

 

Bikorewe i Kigali, ku wa 1 Kanama 2019 

Dr. Diane GASHUMBA

Minisitiri w’Ubuzima


Rwanda to Host the 8th Pan-African Malaria Conference on World Malaria Day (WMD) 2024

Rwanda will host the Multilateral Initiative on Malaria (MIM Society) 8th Pan-African Malaria Conference (PAMC) from 21-27 April 2024 under the theme

Read more →

New South-South health cooperation initiative launched linking Africa and the Caribbean

Bridgetown, Barbados – The Health Development Partnership for Africa and the Caribbean (HeDPAC), a new initiative to strengthen South-South health…

Read more →

IRCAD Africa: A continent on the threshold of possibilities in surgical care

From October 2, 2023, Africa has begun to make its way to Kigali, Rwanda, for research and training in a variety of minimally invasive medical…

Read more →

The 4x4 Reform: A Path to Quality Health Care in Rwanda

In July of 2023, the Government of Rwanda approved the 4x4 Reform, a visionary strategy aimed at quadrupling the number of healthcare workers in the…

Read more →

African health ministers meet in Kigali to launch BioNTech manufacturing site

To coincide with the opening of the first BioNTech manufacturing facility in Africa - in Kigali, Rwanda - a high-level workshop was convened in…

Read more →

Minister of Health gives homework to Medical Councils of Africa in Kigali

As he officially opened the 25th Annual Conference of the Association of Medical Councils of Africa #AMCOA2023 in Kigali, Dr Sabin Nsanzimana,…

Read more →

TUNYWE LESS: Curbing the rise in alcohol consumption among the youth

The Government of Rwanda has launched a new chapter in its campaign to tackle alcohol consumption among people, especially the youth, after a recent…

Read more →

Rwanda resumes Polio 2 immunization after 7 years of halt

The Ministry of Health and Rwanda Biomedical Center have on Monday, July 24, launched a comprehensive vaccination campaign to administer the second…

Read more →

New Anti-drug abuse campaign launched among the youths

The Ministry of Health, Rwanda Biomedical Centre (RBC), Rwanda National Police (RNP) and other government stakeholders, have on June 8 launched an…

Read more →
-->